IBYO TWIZERA

March 22, 2018 | Author: gashabuka2003 | Category: Ramayana, Hindu Gods, Hindu Deities, Hindu Mythology


Comments



Description

IJWIRYABATEGEREJE RIGIZWE N’ABANTU TWIZERA KO 1. IJAMBO RY'IMANA   Ibyanditswe Biziranenge, Isezerano rya Kera n'Isezerano Rishya, ni Ijambo ry'Imana ryanditswe kandi  ryahumetswe n’imbaraga mvajuru, binyujijwe mu bantu batunganye b'Imana bavuze kandi bakandika  bayobowe na Mwuka Muziranenge. Muri iryo Jambo, Imana yahaye umuntu ubumenyi buhagije ku  byerekeranye n 'agakiza. Ibyanditswe Biziranenge ni Ihishurwa ritagira inenge ry'ubushake bwayo. Ni  urugero mbonera rw'imico, igipimo cy'imibereho, umuhishuzi ukomeye w'amahame, n'inyandiko yo  kwizerwa yerekana ibikorwa by'lmana mu bihe byose by'amateka.  2 Petero 1:20, 21; 2 Timoteyo 3:16, 17; Zaburi 119:105,∙ Imigani 30:5, 6; Yesaya 8:20; Yohana 17:17; 1  Abatesalonike 2:13; Abaheburayo 4:12.  2.  UBUTATU BUZIRANENGE  Hariho Imana imwe: Data Umwana na Mwuka Muziranenge, bagize ubumwe bw’Abatatu bahoraho ibihe  byose. Imana ihoraho ishobora byose, Izi byose, Iri hejuru ya byose, kandi ibera hose icyarimwe ibihe  byose. Ni Imana itagira iherezo, kandi irenze ubwenge bw’abantu; ariko yimenyekanisha binyuze  mw’ihishurwa ryayo. NiYo ikwiriye guhimbazwa, kuramywa, gusengwa no gukorerwa n’ibiremwa byose.  Gutegeka 6:4; Matayo 28:19; 2 Abakorinto 13:14; Abefeso 4:4‐6; 1 Petero 1:2; 1 Timoteyo1:17;  Ibyahishuwe 14:7    3 lMANA‐DATA   Imana Data wa Twese uhoraho ni We Muremyi, Inkomoko, Ubeshaho, kandi Umutware w'ibiremwa  byose. Ni Umunyakuri kandi ni Umuziranenge, Umunyambabazi n'Umunyabuntu, atinda kurakara, afite  kugira neza kwinshi n'umurava mwinshi. Imico n'ubushobozi byagaragaye ku Mana Mwana no kuri  Mwuka Muziranenge, na byo ni uguhishurwa kwa Data wa Twese. (Itangiriro 1:1; Ibyahishuwe 4:11;         1 Abakorinto 15:28; Yohana 3:16; 1 Yohana 4:8; 1 Timoteyo 1:17; Kuva 34:6,7; Yohana 14:9).   4 IMANA MWANA   Imana, Umwana w'Imana Uhoraho, yahindutse Yesu Kristo. Ibyaremwe byose byaremwe na We, kandi  binyuze muri We, imico y'Imana yaragaragajwe, agakiza k'umuntu karabonetse, kandi urubanza rw'isi  ruracibwa. Yesu Kristo ni Imana yuzuye kandi lhoraho, kandi yahindutse umuntu mu buryo bwuzuye.  Yasamwe ku bwaMwuka Muziranenge, abyarwa n'umwari Mariya. Nk'umuntu, yabayeho kandi ahura  n'ibigeragezo, ariko yerekana urugero rwuzuye rw'ubutungane n'urukundo biva ku Mana. Ibitangaza  yakoze byahamije ububasha bw'Imana kandi bihamya ko ari We Mesiya wari warasezeranywe.  Yarababajwe, kubwo ubushake bwe apfira ku musaraba azira ibyaha byacu kandi apfa mu cyimbo cyacu,  azurwa mu bapfuye, azamurwa mu ijuru aho akora umurimo mu buturo bwo mu ijuru ku bwacu.  Azagaruka afite icyubahiro azanywe no gucungura buheruka ubwoko bwe, no gusubiza mu buryo ibintu  byose. (Yohana 1:1‐3, 14; Abakolosayi 1:15‐19; Yohana 10:30; 14:9; Abaroma 6:23; 2 Abakorinto 5:17‐ 19; Yohana 5:22; Luka 1:35; Abafiripi 2:5‐11,' Abaheburayo 2:9‐18; 1 Abakorinto 15:3, 4; Abaheburayo  8:1,2; Yohana 14:1‐3).   5 lMANA MWUKA MUZIRANENGE   lmana Mwuka Muziranenge, yafatanyije n 'Imana Data n'Imana Umwana mu gikorwa cyo kurema,  kwigira umuntu kwa Yesu no gucungura. Yahumekeye mu banditsi ba Bibiliya. Yujuje imbaraga ubuzima  bwa Kristo. Areshya abantu kandi akabemeza; maze abemera irarika Rye llkabagira ibyaremwe bishya  kandi akabaremamo ishusho y'Imana. Yoherejwe n'Imana Data n'Umwana kugira ngo abane n'abana  bayo,kandi ni We uha itorero impano, akanariha imbaraga zirifasha guhamya Kristo, kandi mu buryo  bugendanye n'Ibyanditswe, ayobora abantu mukuri kose (Itangiriro 1:1, 2; Luka 1:35; 4:18; Ibyakozwe  10:38; 2 Petero 1: 21; 2 Abakorinto 3:18; Abefeso 4:1I, 12; Ibyakozwe 1:8; Yohana 14:16‐18, 26; 15:26,  27; 16:7‐13).   6 lREMA   Imana ni Umuremyi w'ibintu byose, kandi binyuze mu Byanditswe Byera, yaduhishuriye igitekerezo  nyakuri cy'irema. Mu minsi itandatu, Uhoraho yaremye “ijuru n’isi” n’ibirimo byose, maze aruhuka ku  munsi wa karindwi w’icyo cumweru cya mbere. Ni bwo yahise ishyiraho Isabato kuba, urwibutso  ruhoraho rw’umurimo wayo w'irema wari wuzuye. Umugabo wa mbere n’umugore baremwe mu  ishusho y'Imana nk'igikorwa gihebuje  cy’irema; bahawe ubushobozi bwo gutwara isi n’inshingano zo  kuyitaho . Igihe isi yarimaze kuremwa, yari «nziza cyane» kandi yagaragazaga icyubahiro cy'lmana.  (Itangiriro 1 :2; Kuva 20 :8‐11 ; Zaburi 19:6; 33 :6, 9; 104 Abaheburayo 11 :3).   7 Kamere Muntu  Umugabo n 'umugore baremwe mu ishusho y'Imana buri wese afite umwihariko w’ibi muranga,  ubushobozi n’umudendezo byo gutekereza Nabwo baremanvwe umudendezo, byo gutekereza no  gukora.Nubwo baremanywe umudendezo, buri wese afite umubiri, ubugingo, n 'umwuka bigize  ubumwe budatandukana, kandi ubuzima bwe bugengwa n’Imana kimwe no guhumeka ndetse n'indi  mibereho  ye yose. Igihe ababyeyi bacu ba mbere basuzuguraga Imana banze kugengwa naYo nuko  baragwa bava kumwanya wo hejuru bari bafite, wo munsi y’Imana. Ishusho y’Imana bari bafite irangirika  bahinduka abantu bapfa Ababakomotseho basangira iyo kamere yangiritse hamwe n’ingaruka zayo.  Bavuka bafite integenke kandi babogamira ku kibi. Ariko Imana Ibinyujije muri Kristo yunze abari mu isi  na Yo, kandi ikoresheje Mwuka wayo, igarura mu bantu bapfa ishusho y’Uwabaremye igihe bihannye.  Nk’abaremewe guhesha Imana icyubahiro, bahamagarariwe kuyikunda, gukundana ubwabo, no gufata  neza ibibakikije (ltanngiriro 1:26‐28; 2:7; Zaburi 8:4‐7 Ibyakozwe n 'Intumwa 17:24‐28; Itangiriro 3;  Zaburi 51:5; Abaroma 5:12‐17; 2 Korinto 5:19, 20; Zaburi 51: 10; 1 Yohana 4:8, l l, 20; Itangiriro 2:13).    8 Intambara Ikomeye  Inyokomuntu yos e iri mu ntambara ikomeye iri hagati ya Kristo na Satani, kandi iyo ntambara ishingiye  ku mico y’Imana, ku matetegeko yayo n’icyubahiro cyayo mu isanzure no mubyo yaremye byose. Iyo  ntambara yatangiriye mu ijuru igihe ikiremwa cyari gifite umudendezo  wo guhitamo cy’ishyize hejuru  maze gihinduka  Satani, umwanzi w’lmana,hanyuma atez’umugabane umwe w’abamarayika kwigomeka.  Yatangije umwuka wo kwigomeka muri iyi si igihe yashukaga  Adamu na Eva. Ingaruka y’icyo cyaha cya  mwenemuntu yabaye kwangirika kw 'ishusho y’Imana mu muntu guhinduka kw’isi yaremwe, no  kurimbuka kwayo mu gihe cy’umwuzure. Mu maso y’ibyaremwe byose, iyi si yahindutse isibaniro  ry’intambara iri ahantu hose, kandi iherezo ryayo rikazagaragaza gutsinda kudasubirwaho kw’Imana yuje  urukundo izigarurira iyi si by’iteka ryose. Kugira ngo afashe ubwoko bwe muri iyo ntambara, Yesu  yohereje Mwuka Muziranenge n’abamarayika bera kuyobora, kuburinda no kubakomeza mu nzira  y’agakiza. (Ibyahishuwe 12:4‐9; Yesaya 14:12‐14; Ezekiyeli 28:12‐18; Itangiriro 3; Abaroma 1:19‐32;  5:12‐21; 8:19‐22; Itangiriro 6:8; 2 Petero 3:6; 1 Abakorinto 4:9; Abaheburayo 1:14)  9 MIBEREHO, URUPFU, NO KUZUKA BYA KRlSTO   Binyuze mu mibereho ya Kristo yaranzwe no kumvira mu buryo bwuzuyeubushake bw'Imana, mu  mibabaro Ye, mu rupfu Rwe, no kuzuka Kwe, Imana yatanze uburyo rukumbi bw'impongano y'icyaha cya  mwenemuntu, kugira ngo abemera bose iyo mpongano kubwo kwizera babone ubugingo buhoraho,  kandi ibyaremwe byose bibashe gusobanukirwa neza urukundo ruzira amakemwa kandi rutagira iherezo  rw 'Umuremyi. Iyi mpongano itagira inenge ihamya ubutungane bw'amategeko y'Imana n'ubuntu  bw'imico yayo ; kuko iciraho iteka icyaha cyacu kandi ikanaduha imbabazi. Urupfu rwa Kristo ni inshungu  kandi ni impongano yacu, ni icyungo kitwunga n’Imana kandi ruhindura imibereho yacu. Kuzuka kwa  Krista gutangaza intsinzi y'Imana ku mbaraga z'umubi, kandi ku bemera impongano, uwo muzuko ubaha  icyizere cyo kunesha kwabo guheruka batsinze icyaha upfu. Umuzuko uhamya kandi ko Yesu Kristo ari  Umwami, uwo amavi y'abo mu isi n'abo mu ijuru azapfukamira. (Yohana 3:16, Yesaya 53; 1 Petero 2:21,  22; 1 Abakorinto 15:3, 4, 20‐22; 2 Abakorinto 5:14, 15, 19‐ 21; Abaroma 1:4,' 3:25; 4:25; 8:3, 4; 1  Yohana2:2; 4: 10; Abakolosayi  2:15; Abafiripi 2:6‐11).   10 IMIBEREHO Y' AGAKIZA   Kubwo urukundo rwayo rutagira iherezo n 'imbabazl zayo, Imana yahinduye Kristo, We utarigeze akora  icyaha, kuba icyaha kubwacu,kugira ngo binyuze muri We duhinduke abantu b'intungane b'Imana. Iyo  tuyobowe n’Umwuka Muziranenge, tumenya ubukene bwacu, tukamenya kamere yacu y’ubunyacyaha,  tukihana ibicumuro byacu, tukabaho imibereho yo kwizera muri Yesu nk'Umwami na Kristo,  uwatubereye Inshungu, n’icyitegererezo. Uko kwizera kuduhesha agakiza guturuka ku mbaraga mvajuru   y’Ijambo ry'Imana, kandi ni impano y'ubuntu bw'Imana. Binyuze Kristo, turatsindishirizwa, tukagirwa  abahungu n' abakobwa b' Imana, tukabaturwa mu bubata bw'icyaha. Kubwa Mwuka Wera, tubyarwa  ubwa kabiri tukezwa. Mwuka Muziranenge arema bundi bushya intekerezo zacu, akandika itegeko  ry'urukundo mu mitima yacu, maze akaduha imbaraga yo kubaho imibereho izira inenge. Iyo tugumye  muri We, duhinduka abasangiye kamere mvajuru tukagira ibyiringiro by'agakiza, kuri ubu ndetse no mu  gihe cy'urubanza. (2 Abakorinto 5:10‐21; Yohana 3:16; Abagaratiya 1:4, 4:4‐7; Tito 3:3‐7; Yohana 16:8;  Abagalatiya 3:13, 14; 1 Petero 2:21,22; Abaroma 10:17; Luka 17:5; Mariko 9:23, 24; Abefeso 2:5‐10;  Abaroma 3:21‐26; Abakolosayi 1:13, 14; Abaroma 8: 14, 17; Abagalatiya 3:26; Yohana 3:3‐8; 1 Petero  1:23; Abaroma 12:2; Abaheburayo 8:7‐12;Ezekiyeli 31:25‐27; 2 Petero 1:3, 4; Abaroma 8:1‐4; 5:6‐10).     11 GUKURIRA MURI KRISTO  Binyuze mu rupfu Rwe ku musaraba, Yesu yanesheje imbaraga za Satani.  Uwo Yesu ni We wategekaga  imyuka y' abadayimoni mu gihe cy' umurimo We hano ku isi, yanamenaguye imbaraga zayo kandi  ahamya ibyo gucirwaho iteka kwayo. Intsinzi ya Krista iduha kunesha imbaraga z' umubi zihora zishaka  kutwigarurira, igihe tugendana na We mu mahoro, umunezero, kandi twiringiye urukundo rwe. Icyo  gihe, Mwuka Muziranenge atura muri twe kandi akaduha kunesha. Uko dukomeza kugendana na Yesu  nk'Umukiza n'Umwami wacu, tubaturwa mu bubata bw'ibikorwa bibi twahozemo. Ntabwo tuba  tukigendera mu mwijima, ngo dutinye imbaraga z’umubi, cyangwa ngo dukomeze kugendera mu bujiji  no mu migendere idahwitse y' ubuzima bwacu bwa kera. Muri uwo mudendezo mushya tugira turi muri  Kristo, duhamagarirwa gukurira mu mico Ye, dusabana na We buri munsi mu masengesho, twigu Ijambo  Rye, turitekerezaho tunatekereza ku rukundo Rwe, tumuhimbaza, duteranira hamwe kumuramya, kandi  tugira uruhare mu murimo w'Itorero. Igihe twitangira umurimo mwiza wo gufasha abatuzengurutse  kandi duhamya ihy'agakiza Ke, kubana kwe natwe buri kanya binyuze muri Mwuka Muziranenge bituma  buri mwanya na buri gikorwa biduhindukira imibereho y'iby'umwuka. (Zaburi 1 :1,2; 23 :4; 77 :11, 12 ;  Abakolosayi  1 :13, 14 ; 2 :6, 14, 15 ; Luka 10 :17‐20; Abefeso 5 :19, 20; 6 :12‐18; 1 Abatesalonike 5 :23 ; 2  Petero 2 :9; 3 :18;  2 Abakorinto 3 :17,18; Abafilipi 3 :7‐14; 1 Abatesalonike 5 :16‐18; Matayo 20 :25‐28 ,.  Yohana 20 :21 " Abagalatiya 5 :22‐25 ; Abaroma 8 :38, 39; 1 Yohana 4 :4; Abaheburayo 10 :25).   12 ITORERO   Itorero ni ihuriro ry'abizera bahamya Yesu Kristo nk'Umwami n 'Umukiza Nk'Ubwoko bw'Imana bwo  bwo mu Isezerano rya Kera, natwe twahamagariwe kwitandukanya n'isi; tugahurizwa hamwe mu  kuramya, gusabana nk'abavandimwe, twiga kandi duhugurana mu Ijambo ry'Imana, twizihiza Ifunguro  Ryera, duha bagenzi bacu ubufasha, tunamamaza Ubutuma Bwiza mu isi yose. Ubutware bw'Itorero  buva kuri Kristo, ari We Jambo wabaye umuntu, buva kandi muri Bibiliya ariyo Jambo ryanditswe.  Itorero ni umuryango w'Imana; abarigize bemewe n'lmana nk'abana bayo,  babaho bakurikije amahame  y'isezerano rishya. Itorero ni umubiri wa Kristo, ihuriro ryo kwizera Kristo wenyine ariwe mutwe waryo.  Itorero ni Umugeni Kristo yapfiriye kugira ngo aryeze kandi aritunganye. Igihe azaba agarutse  nk'umuneshi, azaryishyira nk'Itorero rifite ubwiza ryabaye indahemuka mu bihe byose, ryaguzwe  amaraso Ye, nta kizinga cyangwa umunkanyari, ahubwo ryera ritariho umugayo. (Itangiriro 13:3  Ibyahishuwe 7:38; Abefeso 4:11‐15; 3:8‐11; Matayo 28:18, 19; 16:13‐20, 18:18; Abefeso 2:19‐22; 1:22,  23; 5:23‐27; Abakolosayi 1:17,18).   13 ITORERO RYASIGAYE N'INSHINGANO YARYO   Itorero ryo ku isi yose rigizwe n'abizera by'ukuri Kristo; ariko mu minsi , mu gibe cy'ubuhakanyi  bukomeye, abasigaye bahamagarirwa kwitodera amategeko y'Imana no gukomeza kwizera Yesu. Abo  basigaye batangaza ko igihe cy'urubanza gisohoye, bigisha agakiza kabonerwa muri Kristo, kandi  bakamamaza ko Kugaruka kwa Yesu kwegereje. Ibyo bigaragazwa n’ubutumwa bw'abamarayika batatu  bwo mu Byahishuwe 14. Ibyo bigendana kandi n'umurimo w'urubanza ubera mu ijuru, bikagaragazwa  n'igikorwa cyo kwihana n 'ubugorozi ku isi. Buri mwizera ahamagarirwa kugira uruhare mu murimo wo  guhamya, ageza ubutumwa bwiza ku batuye isi. (Ibyahishuwe 12:17, 14:6‐12; 18:1‐4; 2 Abakorinto 35:1;  Yuda 3, 14; 1 Petero 1:16‐19; 2 Petero 3:10‐14; uwe 21:1‐14).   14 UBUMWE MU MUBIRI WA KRISTO   Itorero ni umubiri ugizwe n'ingingo nyinshi, zivuye mu mahanga menshi  mu moko yose, mu ndimi zose,  no mu bantu bose. Muri Kristo, turi ibyaremwe bishya; itandukaniro ry'ubwoko, imico, ubumenyi,  ubwenegihugu, n'ubukene, cyangwa igitsina ibyo byose ntibigomba kuba intandaro y'amacakubiri hagati  yacu. Muri Kristo twese turareshya, kuko kubwa Mwuka umwe, yatwungishije umurunga w'urukundo  rwa kivandimwe hagati ye natwe, no hagati yacu na bagenzi bacu; bityo rero tugo kugira icyo tumarira  abandi na bo bakakitumarira nta kurobanura cyangwa kwitanga by'igice. Binyuze mu guhishurirwa Yesu   Kristo mu Byandits Byera, dusangirira hamwe ukwizera kumwe n 'ibyiringiro bimwe kugira dutange  ubuhamya duhuriyeho imbere y'abantu bose. Ubwo bumwe bufite isoko yabwo mu bumwe bw'Ubutatu  Buziranenge bw'Imana, Yo yatugize abana bayo. (l Abakorinto 12:4,5; 1 Abakorinto 12:12‐14; Matayo  28:19, 20; Zaburi 133:1,2; 2 Abakorinto 5:16, 17; Ibyakozwe 17:26, 27; Abagalati: 3:27, 29; Abakolosayi  3:10‐15; Abefeso 4:14‐16; 4:1‐6; Yohana 17:20‐23)   15 UMUBATIZO   Binyuze mu mubatizo, twatura ko twizera urupfu no kuzuka bya Yesu Kristo, kandi tukaba duhamya  gupfa kwacu ku cyaha, n'umugambi wacu wo kugendera mu buzima bushya. Bityo mu kumenya Kristo  nk'Umukiza, duhinduka ubwoko Bwe, maze tukanakirwa n'itorero Rye nk'abizera baryo. Umubatizo ni  ikimenyetso cy'umushyikirano wacu na Yesu Kristo, ikimenyetso cyo kubabarirwa ibyaha byacu, no  kwakira Mwuka Muziranenge. Umubatizo ukorwa mu buryo bwo kwibizwa mu menshi, kandi ni  ikimenyetso cyo kwizera dufite muri Yesu Kristo, n'igihamya cyo kwihana no kwicuza icyaha. Umubatizo  ubanzirizwa no kwigishwa gushingiye ku Byanditswe Byera no kwemera inyigisho zibirimo (Abaroma 6:1‐ 6; Abakolosayi 2:12,13; Ibyakozwe 16:30‐33; 22:16; 2:38; Mataya 28:19, 20).   16 IFUNGURO RYERA   Umuhango w'Ifunguro Ryera ni ikimenyetso cyo gusangira umubiri n’amaraso bya Yesu kigaragaza  kwizera kwacu muri We, Umwami  n'Umukiza wacu. Muri uyu mushyikirano wimbitse w'Ifunguro Ryera,  Kristo aba ahari kugira ngo ahure n'ubwoko Bwe kandi abwongere imbaraga. Mu gusangiririra hamwe  muri uwo muhango, tunezezwa no kwamamaza urupfu rwa Yesu kugeza igihe azagarukira. Kwitegura  Ifunguro Ryera bikubiyemo kwigenzura ubwacu, kwihana no kwatura ibyaha byacu. Umwigisha  yashyizeho umuhango wo kwozanya ibirenge ashaka kutwereka imibereho ihinduwe mishya, kugaragaza  ubushake bwo gukorera abandi nk'uko yabikoze yicishije bugufi, no guhuriza imitima yacu mu rukundo.  Umuhango w'Ifunguro Ryera ni uw'Abakristo bose (1 Abakorinto 10:16,17; 11:23‐30; Matayo 26: 17‐30;  Ibyahishuwe 3:20; Yohana 6:48‐63; 13: 1‐17).   17 IMPANO ZA MWUKA N'IMIRIMO Y'UBUGABURA   Mu bihe byose, Imana igenera abantu bo mu itorero ryayo impano z’Umwuka, buri wese agomba  gukoresha kugira ngo abashe gukora w'urukundo akorera itorero n'ikiremwamuntu muri rusange. Izo  mpano zatanzwe na Mwuka Muziranenge, azitanga kandi azigabira buri 'uko abishaka; izo mpano ziha  itorero ubushobozi bwose n'imirimo yose y’ingenzi kugira ngo ribashe kuzuza inshingano yaryo mvajuru.  "Dukurikije Ibyanditswe Bizlranenge, izi mpano zikubiyemo impano yokwizera,  gukiza indwara,  guhanura, kubwiriza, kwigisha, kuyobora, kwunga,kugirira impuhwe, umurimo w 'ubwitange, n  'umurimo w'urukundo udashaka inyungu mugushyigikira no gutera umwete abandi. Bamwe  bahamagawen’Imana, kandi batoranywa na Mwuka kugira ngo buzuze inshingano zizwi z’itorero:  ubupastoro, ivugabutumwa, intumwa, n 'imirimo yo kwigisha cyane cyane imirimo igamije guhugurira  abagize itorero mu kubategurira umurimo,mukubaka itorero ngo rikure mu by'umwuka, no  kubungabunga ubumwe bwo kwizera n'ubwo kumenya Imana. Igihe abagize itorero bakoresheje izi  mpano z'umwuka nk'ibisonga bikiranukira Imana mu buntu bwayo bwinshi, icyo gihe itorero ririndwa  inyigisho y'amahame y'ibinyoma, rikura uko Imana ishaka ko rikura, kandi  ryubakwa mu kwizera no mu  rukundo (Abaroma 12:4‐8; I Abakorinto 12:9‐11, 27, 28; Abefeso 4:8, 11‐16, Ibyakozwe 6:1‐7; 1  Timoteyo 3:1‐13; I Petero 4:10,11).   18 IMPANO Y'UBUHANUZI   'Ubuhanuzi n’imwe mu mpano za Mwuka Muziranenge. Iyo mpano ni bimenyetso byihariye biranga  itorero ryasigaye kandi iyo mpano yagaragariye mu murimo wa Ellen White. Inyandiko z 'uyu  muhanuzikazi w’Imana ni isoko ihoraho y'ukuri gufite ububasha kandi kugaha itorero ububyutse, inama,  amabwiriza, inyigisho no gukosora. Izo nyandiko zerekana mu buryo bugaragara ko inyigisho zose n  'ubunararibonye bwose gushingira kuri Bibiliya (Yoweli 2:28, 29; Ibyakozwe 2:14‐21; Abaheburayo  1:1‐ 3; Ibyahishuwe 12:17; 19:10).   19 AMATEGEKO Y'IMANA   Amahame y'ingenzl y'amategeko y'Imana akubiye mu mategeko cumi kandi akagararira mu mibereho ya  K risto. Yerekana urukundo, ubushake n’imigambi y'Imana kubirebana n 'imyitwarire ndetse n  'imibanirey' abantu, kandi akaba yarashyiriweho abantu bose b'ibihe byose. Ayo mabwiriza n’urufatiro  rw'isezerano Imana yagiranye n 'ubwoko bwayo kandi ni igipimo cy’ukuri mu butabera bw'Imana.  Kubw'umurimo wa Mwuka Muziranenge, amategeko agaragariza abantu icyaha, bityo akabahishurira ko  bakeneye Umukiza. Agakiza gashingira gusa ku buntu ntabwo ari ku mirimo, ariko imbuto zako  zigaragarira mu kumvira amategeko y'Imana. Uku kumvira gutuma imico ya Gikristo ikura, kukazanira  n'abantu ubuzima bwiza. Ni igihamya cy'urukundo dukunda Umwami wacu hamwe na bagenzi bacu.  Kumvira guturutse ku kwizera kugaragaza ubushobozi bwa Kristo buhindura imibereho kandi  bukanashimangira ubuhamya bwa Gikristo.(Kuva 20:1‐17; Zaburi 40:7, 8; Mataya 22:36‐40; Gutegeka  28:1‐14; Matayo 5:17‐20; Abaheburayo 8:8‐10; Yohana 15:7‐10; Abefeso 2:8‐10; Yohana 5:3; Abaroma  8:3,4; Zaburi 19:7‐14).   20 ISABATO  Iminsi itandatu yo kurema irangiye, Umuhanzi w'ibyiza byose yaruhutse ku munsi wa karindwi maze  ashyiraho Isabato nk'urwibutso rw’Irema ku nyokomuntu yose. Itegeko rya kane ryo mu mategeko  y'Imana adahinduka risaba kubahiriza uwo munsi wa karindwi w'icyumweru nk’umunsi w'ikiruhuko wo  kuramya no kwigisha mu buryo buhamanya n’nyigisho ndetse n'imigirire ya Yesu, Umwami w'Isabato.  Isabato ni umunsi w'umushyikirano unejeje hagati yacu n'Imana no hagati yacu na bacu. Ni igishushanyo  cyo gucungurwa kwacu muri Kristo, ikimenyetso cyo kwezwa kwacu, ubuhamya bwo kumvira kwacu,  n’umusogongero  w'imibereho yacu y'ahazaza mu bwami bw'Imana. Isabato ni ikimenyetso gihoraho  cy'isezerano ry'iteka ryose hagati y'Imana n'ubwokobwayo. Kubahiriza icyo gihe cyera unezerewe, kuva  ku mugoroba ukageza ku kuva izuba rirenze ukageza ku rindi rirenze, ni ukwizihiza umurimo w'Imana   wo kurema no gucungura (Itangiriro 2:1‐3; Kuva 20:8‐II; Luka 4:16: Yesaya 56:5, 6; 58:13, 14; Matayo  12:1‐12; Kuva 31:13‐17; Ezekiyeri  20:12,20; Gutegeka 5:12‐15; Abeheburayo 4: 1‐11; Abalewi 23:32;  Mariko 1:32).   21 UBUSONGA BWA GIKRISTO   Turi ibisonga by'Imana, Uwiteka yadushinze kugenzura igihe, amahirwe, ubushobozi, ubutunzi,  n'imigisha y'ibiva mu butaka hamwe n'ubutunzi bwo mu isi. Imana yadushinze kuyigenzurira  imikoreshereze myiza yabyo . Twerekana ko Imana ari Yo Nyir'ibintu byose igihe tuyikorera duso.  umurimo wo kuyikiranukira no gukiranukira bagenzi bacu, tuyigarira icya cumi, dutanga n'amaturo,  kugira ngo twamamaze ubutumwa bwiza bwayo twunganira kandi duteza imbere Itorero ryayo.  Ubusonga Gikristo ni amahirwe twahawe n' Imana kugira ngo dukurire mu rukundo kudufasha kurwanya  ubugugu no kwifuza kose. Igisonga cyiza cyishimira  imigisha igera ku bandi biturutse ku gukiranuka  kwacyo (Itangiriro 1:26‐28; 2:15; 1 Ngoma 29:14; Hagai 1:3‐11; Malaki 3:8‐12; 1 Abakorlnto 9. 14;  Matayo 23:23; 2 Abakorinto 8:1‐15; Abaroma 15:26, 27).     22 IMYITWARIRE YA GIKRISTO   Twahamagariwe kuba ubwoko bwera bufite intekerezo, amarangamutima n'imyitwarire bifitanye isano  n'amahame y'ijuru. Kugira ngo Mwuka  Muziranenge abashe gukuza muri twe imico y'Umwami wacu,  tugomba gukurikiza urugero rwa Kristo tukareka inzira z'imirimo yacu bwite; bityo ubuziranenge,  amagara mazima, n'ibyishimo nibyo bizaranga imibereho yacu bwite. Ni muri ubwo buryo rero ibyo  twishimishamo bigomba kuba bihuje n'amahame yo mu rwego rwo hejuru atunganye kandi y'ubwiza  bwa Gikristo. Twitaye ku mico itandukanye twakuriyemo, imyambarire yacu, ikwiye kurangwa no kuba  yoroheje, idahenze, iboneye, kandi  tukanezezwa nuko ubwiza nyakuri butabonerwa mu murimbo  w'inyuma, ahubwo buboneka mu mutima imbere, butangirika, buyobowe na Mwuka kandi bufite  ubugwaneza n'amahoro. Ibyo na none bivuze ko, nk'uko imibiri yacu ari insengero za Mwuka  Muziranenge, tugomba kuyitaho, tugakora imyitozo ngororamubiri, tugafata n'ikiruhuko gihagije.  Tugomba kumenyera imirire myiza mu buryo bushoboka, twirinda ibyokurya bizira nkuko bivugwa mu  Byanditswe. Ibisindisha, itabi, gukoresha ihiyobyabwenge n'imiti isinziriza, tugomba kubyirinda kuko  bitagwa neza imibiri yacu,  Ibiri amambu, tugomba gukoresha ibyatera imibiri yacu n’intekerezo zacu  kugandukira ubushake bwa Kristo, We wifuza ko tugira amagara mazima, ibyishimo, kandi tukamererwa  neza mu mibiri yacu (Abaroma 12:1,2; 1 Yokana 2:6; Abefeso 5:1‐21; Abafilipi 4:8; 2 Abakorinto 10:5;  6:14‐17; 1 Petero 3:I‐4; 1 Abakorinto 6:19, 20; 10:31; Abalewi 11:1‐47; 3 Yohana 2).      23  UBUKWE N'UMURYANGO   Ubukwe ni umuhango washyizweho n'Imana muri Edeni.  Yesu yahamije ari ukubana akaramata hagati  y'umugabo n'umugore, umubano urangwa n'umwuka w'urukundo. Ku Mukristo, indahiro y'abashakanye  ni isezerano umuntu agirana n'Imana hamwe n'uwo bashakanye, kandi rigomba gukorwa n'abahuje  kwizera gusa. Gukundana, gushimana, kubahana, no kwita ku nshingano zabo ni byo bigize umurunga  w'ubumwe bw'abashakanye ari wo urangwa n'urukundo, ubutungane, ubucuti n’umushyikirano w'iteka  uhuza Kristo n'itorero rye. Ku byerekeye gutandukana, Yesu yigisha ko umuntu usenda umugore we,  badapfuye ubusambanyi, maze akarongora undi, aba asambanye. Nubwo ubumwe bw’imiryango runaka  butagera ku ntego, abashakanye bakundana by 'ukuri babiheshejwe na Kristo bashobora kugira ubumwe  mu rukundo binyuze mu buyobozi bwa Mwuka Muziranenge, n'umurimo w'Itorero. Imana iha  umuryango umugisha, kandi yifuza ko ubawugize, bafashanya kugira ngo bagere ku rugero rushyitse.  Ababyeyi bagomba kurera abana babo babatoza gukunda Imana no kuyubaha. Binyuze mu magambo no  ngero babaha, bagomba kubigisha ko Kristo ari umwigisha utoza abantu ikinyabupfura binyuze mu  rukundo, mu kubitaho no kabarinda, kandi yifuza ko baba ingingo z'umubiri we, ndetse bakaba mu  muryango w’Imana. Gushyira hamwe no Kunga ubumwe kw'abagize umuryango ni kimwe mu  bimenyetso byihariye by'ubutumwa bwiza buheruka. (Itangiriro 2:8‐25; Matayo 19:3‐9, Yohana 2:1‐11; 2  Abakorinto 6:14; Abefeso 5:21‐33; Matayo 5:31, 32; Mariko 10:11, 12; Luka 16:18; I Abakorinto 7:10,11;  Kuva 20:17; Abefeso 6:1‐4; Gutegeka 6:5‐9; Imigani 22:6,' Malaki 4:5,6)     24   Mu ijuru hariyo ubuturo bwera, ihema ry'ukuri ryabambwe n 'Imana atari abantu. Muri iryo hema, Kristo  adukorera umurimo, akageza ku bizera ibyiza bituruka mu gitambo cye yaducunguje rimwe gusa ku  musaraba. Igihe yazamukaga agasubira mu ijuru, yakiriwe nk'Umutabyi Mukuru wacu, maze atangira  umurimo we wo kuduhuza n'Imana. Mu 1844, ku iherezo ry'iminsi 2300, yatangiye umugabane wa kabiri  ari na wo wa nyuma w'umurimo we w'ubuhuza. Ni umurimo w'urubanza rugenzura ari rwo rugize  umugabane urebana no gutsembaho burundu icyaha, umurimo washushanywaga no kwezwa k'ubuturo  bwo mu isi bw'Abaheburayo ku Munsi w'lmpongano. Muri uwo murimo wo ku munsi w'impongano  washushanyaga uwo mu ijuru, ubuturo bwezwaga n' amaraso y'inyamaswa zabaga zatambwe, naho  iby'ukuri byo mu ijuru byo byezwa n'amaraso y'igiciro ya Yesu Kritso. Urubanza rugenzura rubera mu  ijuru ruhishurira ibiremwa byo mu ijuru ko mu bantu bapfuye hari abantu basinziriye muri Kristo, bityo  bakaba bakwiriye binyuze muri We, kuzazuka mu muzuko wa mbere. Urwo rubanza runagaragaza mu  bazima abazaba baragumye muri Kristo bakanakomeza amategeko y'Imana no kwizera Yesu biteguye  kwimurirwa mu bwami bwe bw'iteka. Urwo rubanza rwerekana gukiranuka kw'Imana guklza abizera  Yesu.  Rugaragaza ko abazakomeza kubera indahemuka Imana bazaragwa ubwami buhoraho. Iherezo  ry'uyu murimo wa Yesu mu buturo rizagaragaza kurangirakw 'igihe cy'imbabazi cyagenewe abantu  UMURIMO KRISTO AKORERA MU BUTURO BWERA BWO MU IJURU   mbere yo Kugaruka kwa Kabiri kwa Yesu. (Abaheburayo 8:1‐5; 4:14‐16, 9:11‐28; 10:19‐22; 1:3,∙ 2:16, 17;  Daniyeli 7:9‐27; Kubara 14:34; Ezekiyeli 4:6; Abalewi 16; Ibyahishuwe 14:6, 7; 20:12; 14: 12; 22:12).     25 KUGARUKA KWA KRISTO   Kugaruka kwa kabiri kwa Kristo ni ibyiringiro by'umugisha ku Itorero; ni indunduro lkomeye y'ubutumwa  bwiza. Kugaruku k'Umukiza kuzasohora nk'uko Ibyanditswe bibivuga; buri wese azabyibonera, kuzaba ku  mugaragaro, kandi kuzabonekera ku isi yose; Ubwo azaba agarutse, abakiranutsi bazaba barapfuye  bazazurwa kandi, hamwe n'abakiranutsi bazaba bakiri bazima, bazahabwa ubwiza maze bazamurwe  bajyanwe mu ijuru, ariko abakiranirwa bazapfa. Ubuhanuzi bwinshi busa n'ubwamaze gusohora, kandi  hamwe n'imibereho y'ibibera ku isi muri iki gihe, byose birerekana ko Kristo ari hafi cyane kugaruka.  Umunsi n 'isaha byo kugaruka kwe ntabwo hyahishuwe, niyo mpamvu dusabwa guho twiteguye igihe  cyose. (Tito 2:13; Ahaheburayo 9:28; Yohana 14:1‐3; Ihyakozwe 1:9‐11; Matayo 24:14; Ihyahishuwe  1:7; Matayo 24:43,44; 1Abatesalonike 4:13‐ 18; 1 Abakorinto 15:51‐54; 2 Abatesalonike 4:7‐10; 2:8;  Ibyahishuwe 14:14‐20; 19:11‐21; Matayo 24; Mariko 13; Luka 21; 2Timoteyo 3:1‐5; 1 Abatesalonike  5:1‐6) .   26   Ibihembo by’ibyaha ni urupfu. Ariko Imana Yo yonyine ifite kudapfa, ni Yo izaha ubugingo buhoraho  abacunguwe. Hagati aho, urupfu ni ibitotsi ku bantu bose. Igihe Kristo, ari We bugingo bwacu  azagaragara, abakiranutsi bazaba bamaze kuzurwa n’abakiranutsi  bazaba bakiriho ubwo azaba  agarutse, bazahindurwa bahabwe ubwiza kandi bazamurwe mu kirere gusanganira Umwami wabo.  Umuzuko wa kabiri, ariwo muzuko w’abakiranirwa, uzaba nyuma y’Imyaka igihumbi (Abaroma 6:23, 1  Timoteyo 6:15,16; Umubwiriza 9:5; Zaburi 146:3, 4; Yohana 11:11‐14; Abakolosayi 3:4; 1 Abakorinto  15:51‐54; 1 Abatesalonike 4:13‐17; Yohana 29; Jbyahishuwe 20:1‐10).     27 IMYAKA IGIHUMBI N'IHEREZO RY'ICYAHA   26  URUPFU N’'UMUZUKO   Kristo azimana n'abacunguwe mu gihe cy'imyaka igihumbi bari kumwe mu ijuru. Iyo myaka igihumbi iri  hagati y'umuzuko wa mbere n'umuzuko wa kabiri. Muri icyo gihe abapfuye bakiranirwa bazacirwa  imanza. Icyo gihe isi izaba iriho ubusa imeze nk'ubutayu nta muntu n'umwe uyiriho muzima, ahubwo  izaba iriho Satani n' abamalayika be. Igihe iyo myaka igihumbi izaba ishize, Kristo, aherekejwe n'intore  ze, bazamanuka bari mu Murwa Wera baje ku isi. Ubwo nibwo abapfuye bakiranirwa bazazuka, maze bo,  na Satani n'abamalayika be, bazagerageze gutera uwo murwa; ariko umuriro uvuye ku Mana uzabatwika  ubamareho maze weze isi. Bityo, isi izaba ibatuwe by'iteka ryose ku cyaha n'abanyabyaha (Ibyahishuwe  20: 1 Abakorinto 6:2, 3; Yeremiya 4:23‐26; Ibyahishuwe 21:1‐5; Malam 4:1; Ezekiyeli 28:19,20).   Ibuka iby’umuriro uvuye ku mana: Uyu muriro uvuye kumana uzatandukanya abanyabyaha, Satani  n’Abamalayika yayobeje nkuko Abiramu na Datani bahiye iteraniro ry’abairayeli ribireba nAbakiranutsi  bazarebesha amaso yabo kurimbuka kwa abakiraniwe bose kuva isi yaremwa.   28 ISI NSHYA   Mu Isi, Nshya, aho gukiranuka kuzaba, Imana izaha abacunguwe aho bazatura ibihe byose, ahantu hazira  inenge kandi hazarangwa no kugira ubuzlma buhoraho burangwa n'urukundo, ibyishimo, no guhora  twigira imbere y'lmana. Aha ni ho Imana ubwayo izaturana n'ubwoko bwayo, kandi imibabaro n'urupfu  bizaba byashize. Intambara ikomeye izaba yarangiye, icyaha ntikizongera kubaho ukundi. Ibiriho byose  bifite ubuzima • n'ibitabufite byose bizamamaza ko Imana ari urukundo, kandi ko izahora ku ngoma  iteka ryose. (2 Petero 3:13: Yesaya 35; 65:17‐25; Matayo 5:5; Ibyahishuwe 21:1‐7; 22:1‐5; 11:15).   Byashyizwe hamwe na Eleazar Harelimana bivamwe mu gitabo cy’Amahame y’ibyo Abadiventisti b’umunsi wa karindwi bizera... byahindu na Union y’u Rwanda, Werurwe 2010.       
Copyright © 2024 DOKUMEN.SITE Inc.